COVID-19 yandura iyo umuntu ahuye n’umwuka urimo udutembabuzi uturutse mu mazuru cyangwa mu kanwa by’umuntu wayanduye iyo yitsamuye cyangwa akoroye. Utwo dutembabuzi tw’umuntu wayanduye dushobora kugwa ku kintu cyangwa ahantu hanyuma abandi bakora kuri ibyo bintu cyangwa aho hantu nyuma yaho iyo bakoze mu maso, ku mazuru cyangwa ku munwa bahita bandura COVID-19.
Umuntu ufite iyo virusi ariko akaba ataragaragaza ibimenyetso ashobora kuyanduza undi, ariko akenshi umuntu wagaragaje ibimenyetso ni we wanduza abandi.
Ibimenyetso cyangwa ibindi bigaragaza uwarwaye COVID-19 harimo ibyoroheje, ibikabije ku buryo umuntu aremba noneho ku ndunduro bikagera aho imuhitana. Ibimenyetso byayo ni ibi bikurikira:
Ugereranyije ibimenyetso bya COVID-19 n’ibimenyetso by’izindi virusi zo mu muryango umwe nka MERS-CoV, ibimenyetso bya COVID-19 bishobora kugaragara vuba cyane kuva ku minsi 2 kugera kuri 14 umuntu ahuye n’iyo virusi.
Niba warageze mu gihugu cyagaragayemo iyo ndwara, ukaba unagaragaza ibimenyetso byayo, hamagara umurongo utishyurwa 114 kugira ngo baguhuze n’abaganga baguhe ubufasha bwihuse.
Ingamba zigamije kwirinda ku bantu bakoreye ingendo mu bihugu COVID-19 yagaragayemo mu minsi 14 ishize kandi ikaba ikomeje kwiyongera.
Niba urwaye COVID-19 cyangwa ukekwaho kugira ibimenyetso byayo, wakurikiza aya mabwiriza kugira ngo wirinde kuyikwirakwiza mu rugo iwawe no mu bandi baturage.
Niba wumva waregereye bya hafi umuntu byagaragaye ko yanduye COVID-19 cyangwa akaba ayikekwaho ategereje igisubizo cy’ibizamini, ugomba gukurikiza ibi bikurikira:
Umuntu wese utuye ahantu hagaragaye icyo cyorezo cyangwa akaba yarahuye n’abantu bavuye mu gihugu kirimo icyo cyorezo. Abantu bari mu zabukuru n’abandi bantu bari mu kigero cy’imyaka itandukanye bafite uburwayi karande nk’indwara z’umutima, iz’ubuhumekero, diyabete, na kanseri bose bari mu bafite ibyago byo kwandura iyo ndwara. Ku bafite ibyago byo kwandura COVID-19, ni ngombwa ko hagira igikorwa kugira ngo bagabanye ibyago byo kuba bakwandura.
Gupima COVID-19 bikorerwa muri laboratwari za Leta .
Niba ufite ibimenyetso bya COVID-19 nko kugira umuriro, gukorora, guhumeka nabi, kandi ukaba warahuye n’umuntu wayanduye cyangwa ukaba uherutse kujya mu rugendo mu gihugu cyagaragayemo iyo ndwara, ugomba kutava mu rugo ugahita uhamagara ivuriro rikwegereye cyangwa ugamahagara ku murongo wa telefoni utishyura 114. Umuganga ni we uzagaragaza ko ufite ibimenyetso bya COVID-19 noneho afate icyemezo cyo kugufata ibizamini.
TKugeza ubu nta rukingo nta n’umuti COVID-19 ifite. Abo bayisanganye babavura ibimenyetso bagaragaje.
Niba hari ibimenyetso bya COVID-19 ufite, hamagara kwa muganga bagufashe.
Content sources: CDC Centers for Disease Control and Prevention, WHO World Health Organization, March 2020