Ni umuntu waba yarigeze guhura na kimwe mu bintu bishobora kumukururira ibyago byo kwandura iminsi 2 mbere yuko ukekwaho kwandura cyangwa wemejwe ko yanduye iyo virusi agaragaje ibimenyetso cyangwa nyuma y’iminsi 14 abigaragaje :
- Kuba yarahuye n’umuntu ukekwaho/bemeje ko yanduye, ku ntera ya 1 m mu gihe kiri hejuru y’iminota 15;
- Gukora ku muntu ukekwaho/wemejwe ko yanduye;
- Kurwaza umurwayi ukekwaho/wemejwe ko arwaye COVID-19 utambaye ibigukingira; cyangwa
- Ibindi byose byagaragaye ko byagukurira ibyago byo kwandura.
Icyitonderwa: ku bantu bemejwe ko banduye ariko batagaragaza ibimenyetso, kugira ngo bavuge ko wahuye na we biakibara bahereye ku minsi 2 mbere kugera ku minsi 14 nyuma y’uko bamufashe ibizamini bikagaragaza ko yanduye